You are browsing the archive for Ivugabutumwa.

by Janvier

Incuti zibana ibihe byose!

December 8, 2009 in Amakuru, Ivugabutumwa by Janvier

Banyarubuga mwese ndabasuhuje kandi mbifuriza amahoro y’Imana. Hari hashize iminsi ntandika inyandiko ku rubuga ariko mba mpari nkora indi mirimo inyuranye.

Uyu munsi nabonye ubutumwa mbwohereje n’umwe mu bakunzi ba ishimwe.com na praisevoice. Ni ubutumwa bwatumye nongera gutekereza cyane ku bijyanye n’inzira ijya mu ijuru ndetse n’ibyo twita “kuba umukristo”. Ni umurongo uri muri Bibiliya mu gitabo cy’Imigani 17:17. Dore uko havuga

Incuti zikundana ibihe byose, kandi umuvandimwe avukira gukura abandi mu makuba.

Ndatinda ku magambo make cyane ariko nizere ko twese turi bugire icyo dukuramo. Ntabwo njya mu gusobanura cyane kuko inshuti n’umuvandimwe birumvikana bihagije icyo bivuga. Nk’uko tubisomye, inshuti zibana ibihe byose. Ntabwo ubucuti nyabwo bubaho ari uko abo bagenzi babayeho neza cyangwa se bafite icyo batunze. Ubucuti nyabwo burakomeza no mu bihe bigoye. Ibihe by’ubukene, inzara, intambara, gupfusha, kwangwa, kutumvwa,… Ibi bitubwira ko kubana n’abantu nyabyo bidaterwa n’imibereho y’icyo gihe (circonstances/circumstances).

Ikindi ngiye kuganiraho gato ni igice cya kabiri kivuga ko umuvandimwe avukira gukura abandi mu kaga! Aha niho natinze cyane ntekerezaho. Kuki? Kubera ko abavukanye baba basangiye byinshi. Baba bahuriye ku maraso y’ababyeyi (n’aho yaba umwe gusa). Ukurikije uko byanditswe, byagombye kuba inshingano za buri wese gukura benese/benenyina  mu kaga. Ni inshingano ntabwo ari option!!

Reka byose  tubishyire mu gikristu.

Ngo “mwe mwese mwizeye Yesu mwahinduwe abana b’Imana” (Abagalatiya 3:26).  Mbese twavukanye na Yesu twe twese twizera. Muri Yohana 15:15  naho hati “Sinkibita abagaragu, ahubwo muri inshuti“! Wow…  Dore ahantu rero hakomeye kurusha ibindi byose. Abitwa ko turi abakristu bisigaye bigoranye cyane kuba umuntu yakwemera ko mwenese bafatanya mu rugendo. Buri wese usanga ashaka kugenda ari nyamwigendaho nk’aho ntacyo ashinzwe kuri bene se! Ntawe nciriye urubanza kuko nanjye nagiye nibona muri situations zansaba kuba nyamwigendaho, ariko ntabwo ari ukuri kandi ntabwo bikwiriye abamenye Imana, kuko ijuru ushuka kujyamo ntuzajyayo wenyine naho ubundi Imana ntiyari guca iyo nzira. Imana idufashe!

  1. Kuki  abakristu usanga tutagishaka gufatanya na benedata? Ese nibwo bushake bw’Imana cyangwa ni ubuyobe? (Ibi mbivuze muri rusange kuko ahantu hose hitwa ko havugwa izina ry’Imana – buri dini – iki ni ikibazo gikomeye cyane cyane abantu bari mu bihugu “byateye imbere”).
  2. Ese niba inshuti zibana igihe cyose, kuki bisa nk’aho abantu basigaye babana n’abandi iyo bafite icyo babacaho (ndavuga muri rusange hano)?
  3. Niba wirirwa uvuga ngo “Yesu Yesu Yesu”, ese aho wibuka ko ufite abo mwavukanye (ntabwo mvuga abo musengana aho usengera) ku bw’amaraso ya Yesu? Ese wibuka ko ubafiteho inshingano nk’uko nabo bazigufiteho? NB: Aha hantu buri muntu uhasoma ahitondere cyane.
  4. Kuki umurimo w’Imana abantu benshi basigaye biha uburenganzira bwo kuwurekera abandi kandi ijambo ry’Imana rivuga ko twese turi ingingo z’umubiri umwe?
  5. Ndangirije ku kibazo kivuga ngo “AHUBWO SE, ABO MUVUKANA MU MANA URABAZI?” Abo muvukana si abo musengana cyangwa musangiye “imyizerere”. Abo mbita abo muhuje amarari :) . Abavandimwe nyabo ni bamwe wambika kuko badafite umwambaro, ni bamwe usura bari mu nzu y’imbohe, ni bamwe ugaburira babuze icyo bafungura nk’uko Yesu yabivuze. Ngo ni bamwe bumva kandi bakitondera ibyo Data yategetse, utavanguye ngo imibereho, uturere, amoko n’inkomoko, amadini n’ibindi.

Imana itugirire neza twese kandi itwibutse ko turi abavandimwe. Dusabane nk’abazabana ubuziraherezo naho kwirirwa tubeshyabeshya twihisha inyuma yo kubwiriza ibyo tutanakora ni uguta igihe!

  • Share/Bookmark

by Janvier

Data wa twese uri mu Ijuru.

April 7, 2009 in Amakuru, Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana by Janvier

n

Ku bizera Kristu, gusenga ni bimwe bi bituranga. Wenda benshi basenga mu buryo bunyuranye, ariko iyo ubajije umukristo wese arakubwira ati “ngiye gusenga”, cyangwa se ati “dusenge” cyangwa se ati “aho nsengera”. None, Yesu dukurikiye, gusenga yabivugaga ho iki? Ese we imisengere ye yari imeze ite? Aho Bibiliya yaba ifite ibisubizo?

Muri Luka 11:1+ umwe mu bigishwa be yitegereza Yesu arimo asenga, noneho arangije aramubwira ari “Twigishe gusenga nk’uko Yohana yigishije abigishwa be gusenga” (Luka 11: 1). Ubanza ahari abigishwa barumvaga ko Yesu agiye kubaha amatechniques atangaje n’amapositions yo gufata mu gihe cyo gusenga, cyangwa se uburyo bahinduranya amajwi n’amasaku nk’igihe cyo kuvuga “Amen”. Ariko nk’uko yari yarabamenyereje, arabatangaza. Nidusimbukira muri Matayo 6:9-15 niho tubona igisubizo cyacu. Yatangiye ababwira ati nuko musenge mutya muti :

Data wa Twese uri mu ijuru, izina ryawe ryubahwe” (Mt 6:9). Ni ukuvuga ngo mbere yo gusenga Imana yo mu ijuru tugomba kubanza kubaha Izina ryayo. Kubaha izina ry’Umuntu ni ukubaha uwo muntu. Mu gihe cyo gusenga rero, ni byiza kubanza kureba niba koko twubaha izina ry’Imana. Kenshi umuntu yakwibaza icyo bivuga “kubaha izina ry’Imana”, ariko imbuto wera aho uri, zibivuga byose!

Yakomeje agira ati “Ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru; ” (Mt 6: 10). Yesu ntabwo yaje mu isi aje gukuraho ubwami bw’abaroma bwategekaga isi icyo gihe nk’uko abayahudi bakekaga. Yaje kugirango ubwami bw’Imana bube mu bantu. Ndatinda cyane ariko hariya havuga ngo “ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru”. Ni kenshi abaKristu dusenga Imana, kubera kwikunda kwa kimuntu no kwitekerezaho cyane tukibagirwa ko byose biri mu kuboko kw’Imana kuko iha uwo ishaka, igihe ishakiye n’uko ishaka. Kenshi tukibagirwa ko ubushake bwayo kuri twe ari bwiza n’aho rimwe na rimwe buza busharira!

Akomeza agira ati “Uduhe none ibyo kurya byacu by’uyu munsi“. Aho simpatinda, ariko nyamukuru ni uko dukwiye kureka umunsi ukagirwa n’amaganya yawo mbere yo kwibaza ku by’ejo. Munyumve neza aha simvuze ngo twe gutegura, kuzigama no guteganya, ariko tureke byose mu bushake bw’Imana, yo ifite urufunguzo rw’ejo. Nkurikije uko mbona ubuzima muri ino si, kenshi twibagirwa ko hari ibyo tugomba gutnganya uyu munsi kubera ko twahugiye mu gutekereza ejo no “gutegura iby’ejo”. Nyamara umunyarwanda yaravuze ngo “iby’ejo bibara ab’ejo”. Ni byiza rero kwitondera iby’uyu munsi aho kurarikira iby’ejo bishobora no kutaza!

Arongera ati “Uduharire imyenda yacu nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu“. Ijambo ry’Imana ritubwira ko bose bakoze ibyaha ntibashyikira ubwiza bw’Imana; (Abaroma 3:23). Ni ukuvuga ngo mu gihe ukoshereje umuntu cyangwa umucumuyeho, uba umurimo umwenda, kandi iyo umuntu aguhaye ikintu ugomba kwishyura nabwo uba umurimo umwenda. Umwenda mubi kurusha iyindi ariko, ni umwenda wo kutababarira kuko na Yesu ubwe barinze bamumanika akivuga ngo “ubababarire”. Kuri uyu murongo Yesu yashakaga kwerekana imbaraga zo kubabarirana. Ikijya kintangaza ni ukuntu abantu bamwe bamara kumenya Imana noneho bagahinduka abacamanza ku bandi. Bakibagirwa bwa buntu bagiriwe bwo kumenya iyo Mana, bakibagirwa kubabarira amakosa bagiriwe n’ubwo nabo ubwabo baba bafite intenge. Mu myaka mike ishize nagize kubabara kubera numvaga abantu bangiriye nabi, ariko nasanze kubabarira no kwibagirwa aribyo bimpa amahoro kuko ibyo aribyo byose nanjye hari abo nababaje mu buryo bunyuranye kandi bambabariye. Yesu rero yadusabye ko byaba kimwe mu biranga amasengesho yacu…. KUBABARIRANA.

Yarangije agira ati “Ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo udukize umubi“; (MT 6:13). Turi mu isi, twambaye umubiri kandi turwana n’umubi (satani). Aho niho intambara y’Umukristu uwo ariwe wese iri. Yesu yari aziko ibyoshya intumwa ze (ibishuko/ibigeragezo se) byari byinshi. Ba 12 bari baramukurikiye bari abarobyi. Nubwo yari yarababwiye ngo azabagira abarobyi b’abantu, nkeka ko bageeraga aho bagatekereza incundura n’imiryango, n’inshuti,… kuko bari abantu buntu n’ubwo bagendanaga n’Imana. Niyo mpamvu batavugaga rumwe ku bintu rimwe na rimwe, batumvaga icyo umukuru muri bo bivuga. Aho rero niho Yesu yababwiye gusenga ngo “Imana ntibahane mu biboshya”. Mu yandi magambo, mu gihe hari ibishuko/ibigeragezo, utube hafi, kandi uturinde satani (umubi) uhora ushaka kutugusha kuko icye ari ukwiba, kwica no kurimbura.

Yarangije avuga ngo “Kuko ubwami n’ubushobozi, n’icyubahiro ari ibyawe, none n’iteka ryose. AMEN” Muri make mu gihe dusenga, ntitwagombye kwibagirwa ko Imana ariyo ibifite byose mu kuboko kwayo. Niko byahoze kandi niko bizahora (none n’iteka ryose).

Muri make rero, nidusenga, tujye twibuka ko gusenga ntabwo ari ubuhangange bundi kuko ni ukuvugana na Data wo mu ijuru. Nubwo bwose yatubwiye ngo dusabe tuzahabwa, tugomba kwibuka ko ubushake bwabo rimwe na rimwe buba bubangikanye n’ubwacu. Ni uko rero nidusaba umugati, aho kuduha sandwitch ikaduha raw bread, twemere kuko byose ni imigati kandi ikiva mu kuboko kw’Imana nicyo kizima kurusha icyo turirira!!

  • Share/Bookmark

by Janvier

Dusengerane

October 29, 2007 in Amakuru, Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana by Janvier

DusengeraneGusenga ni imwe mu ntwaro abana b’Imana bahawe mu guhangana n’ibihome bikomeye bya satani. Si ku bw’ubusa Yesu yafataga umwanya wo gusenga mu butayu yiherereye kuko nibwo buryo bwonyine dushobora kwambika imbaraga zo kunesha isi umubiri na satani. Muri Matayo 26:41  haragira hati “Mube maso, musenge, kugirango mutajya mu moshya. Umutima niwo ukunze ariko umubiri ufite intege nke.”

Aka ni akanya kawe ngo utange ibyifuzo byawe abandi bagusengere. Ni byiza ko usobanuro neza ibyo ushaka ko bagusengeraho!

  • Share/Bookmark

by Janvier

Dutarame twiga igitabo cy’ibyahishuwe

October 3, 2007 in Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana by Janvier

revelation2.jpgIgitabo cy’ibyahishuriwe Yohani i Patmos ni kimwe mu bitabo bikubiyemo ubwiru bwinshi bw’ibizaba mu minsi ya nyuma. Miburo, umwe mu banyarubuga yifuje ko twakora Topic yo kugihaniraho. Ngaho rero nababwira iki banyarubuga, uyu mwanya ni uwanyu.

Imana ibafashe.

  • Share/Bookmark

by Janvier

Nitwe twenyine dini ry`Ukuri

September 29, 2007 in Amakuru, Isi ya none, Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana by Janvier

[poll=1]Nta munsi w`ubusa wumva abantu bemeza ko bazi ukuri ku bintu binyuranye cyane cyane ku bijyanye n`ijambo ry`Imana. jesus-cross.jpgUmwe agira ati  ukuri ni uku, undi nawe akavuga atyo, ariko wareba ugasanga uku “kuri” ntiguhura. Ukibaza noneho ari nde ufite ibizima kurusha abandi.

Ubwo Yesu yavaga mu isi, yasize intumwa ze gusa. Mu minsi yacu, ikintu kintangaza, ni ukubona ukuntu abantu benshi bihutira kwamamaza amadini yabo aho kwamamaza inkuru nziza ziruhura imitima, zikiza ubugingo, zunga abarwana, . . . . .Buri wese ati nitwe dufite ukuri nyako.

Ese aho byaba bivahe? Idini ryawe se bite?

  • Share/Bookmark

by Janvier

Amacakubiri mu murimo w’Imana

July 31, 2007 in Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana, Urubyiruko by Janvier

n

Banyarubuga mwese mukunda Imana, ino nyandiko nyanditse kubera ko hari ibintu bisigaye bintera kwibaza aho tugana. Aha ndavuga itorero ry’Imana. Nawe se, mu itorero niho hasigaye habarizwa byinshi mu byo bible ibuza. Gusambana, kubeshya, kwiba, kwishyira hejuru, amagambo,  ikirushijeho rero noneho ni UKWICAMO IBICE. Amatorero amwe asigaye hanze aha asigaye arangwamo ubwumvikana bucye cyane kubera abantu bagenda barushaho kumva ijambo ry’Imana mu buryo bishakiye ndetse ahenshi bakarikandagira baribona. Ndagirango tuvugane kuri icyi cyorezo cy’amacakubiri. Ese turagana he?

  • Share/Bookmark

by Janvier

Ibibazo mu bibazo ku bibazo

June 19, 2007 in Amakuru, Ivugabutumwa, Ntibisanzwe by Janvier

wakwishyura iki?Ndabasuhuje kandi banyrubuga.
Maze iminsi ntekereza ku ijambo ibibazo. Buri munsi iyo ubyutse ukareba amakuru asigaye kuri TV cg radio na internet usanga ikivugwa ahanini ni ibibazo. Ibibazo mu miryango, ibibazo mu butunzi, ibibazo mu mashuri, ibibazo hagati y`ibihugu, . . . . Mu� buzima bwa buri munsi nabwo, ni ibibazo mu bavandimwe, umwana n`umubyeyi, ibibazo mu nshuti, . . . Noneho rero, mu matorero naho ni ibibazo. Ibi byose� bituma nibaza igitera ibi bibazo byose. Iyo witegereje usanga ibibazo byose bidaterwa n`inkoko cyangwa se inka cyangwa se indi nyamaswa runaka. Biterwa n`abantu. Nonese mvuze ko abantu aritwe bibazo, naba mbeshye? Kuko buri wese agerageje kutaba ikibazo ku bandi, m usi ibibazo byagabanuka.

Banyarubuga, ibi mubitekerezaho iki?

  • Share/Bookmark

by Janvier

Wagura amafranga angahe uruhinja?

June 10, 2007 in Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana by Janvier

angahe.jpgBantu mwese mukunze gusura site  ya ishimwe no kwandika ku nyandiko zinyuranye, ndabasuhuje mbashima kandi  mbifuriza amahoro y`Imana. Nkuko mwese mubizi ino si yacu yuzuye agahinda umubabaro n`ibindi bibaza byinshi.

Mu minsi ishize  rero nagize igihe  cyo  kwihugiraho (kwikunda no kumva ko byose  bigomba kugenda uko mbishaka) noneho, niherereye  numva  ijwi rimbaza ngo  Umwana w`uruhinja  wamugura anagahe ?? Nibajije icyo bivuga ariko mbura igisubizo hafi. Nyuma y`iminsi mike  mbiganira n`inshuti yanjye  noneho ntangira gushaka  icyo nasubiza  ku  yo  nakwishyura uruhinja. Ni 100$ se, ni 1000$, 1000000$ . . . . . . . .? Naho wakomeza  wongeraho,  ntushobora  kugura umwana umwe  w`uruhinja naho wateranya ubutunzi bw`ababayeho bose, n`abazabaho! Ibaze rero noneho umuntu mukuru.

Kenshi ntidusobanukirwa ko turi ab`igiciro kinshi imbere y`Imana, ariko turibo cyane ndetse! Aho ntitwaba twibagirwa ko turi ab`igiciro cyinshi noneho  tukitotombera Imana mu bibazo . . . tubiganireho!

  • Share/Bookmark

by Janvier

Ivugabutumwa kuri internet

May 16, 2007 in Ivugabutumwa by Janvier

Itumanaho rigezweho rya internet ni uburyo bwiza bwo guhererekanya amakuru no kungurana ibitekerezo. Site ya ishimwe, ni site yashyizweho mu rwego rwo guhimbaza Imana no kwamamaza ibyiza yakoze. Uyu ni umwanya wawe wo gutanga umusanzu mu ivugabutumwa dukoresheje internet.

  • Share/Bookmark