Ku bizera Kristu, gusenga ni bimwe bi bituranga. Wenda benshi basenga mu buryo bunyuranye, ariko iyo ubajije umukristo wese arakubwira ati “ngiye gusenga”, cyangwa se ati “dusenge” cyangwa se ati “aho nsengera”. None, Yesu dukurikiye, gusenga yabivugaga ho iki? Ese we imisengere ye yari imeze ite? Aho Bibiliya yaba ifite ibisubizo?
Muri Luka 11:1+ umwe mu bigishwa be yitegereza Yesu arimo asenga, noneho arangije aramubwira ari “Twigishe gusenga nk’uko Yohana yigishije abigishwa be gusenga” (Luka 11: 1). Ubanza ahari abigishwa barumvaga ko Yesu agiye kubaha amatechniques atangaje n’amapositions yo gufata mu gihe cyo gusenga, cyangwa se uburyo bahinduranya amajwi n’amasaku nk’igihe cyo kuvuga “Amen”. Ariko nk’uko yari yarabamenyereje, arabatangaza. Nidusimbukira muri Matayo 6:9-15 niho tubona igisubizo cyacu. Yatangiye ababwira ati nuko musenge mutya muti :
“Data wa Twese uri mu ijuru, izina ryawe ryubahwe” (Mt 6:9). Ni ukuvuga ngo mbere yo gusenga Imana yo mu ijuru tugomba kubanza kubaha Izina ryayo. Kubaha izina ry’Umuntu ni ukubaha uwo muntu. Mu gihe cyo gusenga rero, ni byiza kubanza kureba niba koko twubaha izina ry’Imana. Kenshi umuntu yakwibaza icyo bivuga “kubaha izina ry’Imana”, ariko imbuto wera aho uri, zibivuga byose!
Yakomeje agira ati “Ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru; ” (Mt 6: 10). Yesu ntabwo yaje mu isi aje gukuraho ubwami bw’abaroma bwategekaga isi icyo gihe nk’uko abayahudi bakekaga. Yaje kugirango ubwami bw’Imana bube mu bantu. Ndatinda cyane ariko hariya havuga ngo “ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru”. Ni kenshi abaKristu dusenga Imana, kubera kwikunda kwa kimuntu no kwitekerezaho cyane tukibagirwa ko byose biri mu kuboko kw’Imana kuko iha uwo ishaka, igihe ishakiye n’uko ishaka. Kenshi tukibagirwa ko ubushake bwayo kuri twe ari bwiza n’aho rimwe na rimwe buza busharira!
Akomeza agira ati “Uduhe none ibyo kurya byacu by’uyu munsi“. Aho simpatinda, ariko nyamukuru ni uko dukwiye kureka umunsi ukagirwa n’amaganya yawo mbere yo kwibaza ku by’ejo. Munyumve neza aha simvuze ngo twe gutegura, kuzigama no guteganya, ariko tureke byose mu bushake bw’Imana, yo ifite urufunguzo rw’ejo. Nkurikije uko mbona ubuzima muri ino si, kenshi twibagirwa ko hari ibyo tugomba gutnganya uyu munsi kubera ko twahugiye mu gutekereza ejo no “gutegura iby’ejo”. Nyamara umunyarwanda yaravuze ngo “iby’ejo bibara ab’ejo”. Ni byiza rero kwitondera iby’uyu munsi aho kurarikira iby’ejo bishobora no kutaza!
Arongera ati “Uduharire imyenda yacu nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu“. Ijambo ry’Imana ritubwira ko bose bakoze ibyaha ntibashyikira ubwiza bw’Imana; (Abaroma 3:23). Ni ukuvuga ngo mu gihe ukoshereje umuntu cyangwa umucumuyeho, uba umurimo umwenda, kandi iyo umuntu aguhaye ikintu ugomba kwishyura nabwo uba umurimo umwenda. Umwenda mubi kurusha iyindi ariko, ni umwenda wo kutababarira kuko na Yesu ubwe barinze bamumanika akivuga ngo “ubababarire”. Kuri uyu murongo Yesu yashakaga kwerekana imbaraga zo kubabarirana. Ikijya kintangaza ni ukuntu abantu bamwe bamara kumenya Imana noneho bagahinduka abacamanza ku bandi. Bakibagirwa bwa buntu bagiriwe bwo kumenya iyo Mana, bakibagirwa kubabarira amakosa bagiriwe n’ubwo nabo ubwabo baba bafite intenge. Mu myaka mike ishize nagize kubabara kubera numvaga abantu bangiriye nabi, ariko nasanze kubabarira no kwibagirwa aribyo bimpa amahoro kuko ibyo aribyo byose nanjye hari abo nababaje mu buryo bunyuranye kandi bambabariye. Yesu rero yadusabye ko byaba kimwe mu biranga amasengesho yacu…. KUBABARIRANA.
Yarangije agira ati “Ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo udukize umubi“; (MT 6:13). Turi mu isi, twambaye umubiri kandi turwana n’umubi (satani). Aho niho intambara y’Umukristu uwo ariwe wese iri. Yesu yari aziko ibyoshya intumwa ze (ibishuko/ibigeragezo se) byari byinshi. Ba 12 bari baramukurikiye bari abarobyi. Nubwo yari yarababwiye ngo azabagira abarobyi b’abantu, nkeka ko bageeraga aho bagatekereza incundura n’imiryango, n’inshuti,… kuko bari abantu buntu n’ubwo bagendanaga n’Imana. Niyo mpamvu batavugaga rumwe ku bintu rimwe na rimwe, batumvaga icyo umukuru muri bo bivuga. Aho rero niho Yesu yababwiye gusenga ngo “Imana ntibahane mu biboshya”. Mu yandi magambo, mu gihe hari ibishuko/ibigeragezo, utube hafi, kandi uturinde satani (umubi) uhora ushaka kutugusha kuko icye ari ukwiba, kwica no kurimbura.
Yarangije avuga ngo “Kuko ubwami n’ubushobozi, n’icyubahiro ari ibyawe, none n’iteka ryose. AMEN” Muri make mu gihe dusenga, ntitwagombye kwibagirwa ko Imana ariyo ibifite byose mu kuboko kwayo. Niko byahoze kandi niko bizahora (none n’iteka ryose).
Muri make rero, nidusenga, tujye twibuka ko gusenga ntabwo ari ubuhangange bundi kuko ni ukuvugana na Data wo mu ijuru. Nubwo bwose yatubwiye ngo dusabe tuzahabwa, tugomba kwibuka ko ubushake bwabo rimwe na rimwe buba bubangikanye n’ubwacu. Ni uko rero nidusaba umugati, aho kuduha sandwitch ikaduha raw bread, twemere kuko byose ni imigati kandi ikiva mu kuboko kw’Imana nicyo kizima kurusha icyo turirira!!