Umwami Yesu
July 22, 2010 in Amakuru, Podcast by Janvier M
Dukunze kuvuga ko Yesu ari umwami wacu ndetse no kumwamamaza cyane. Ikibabaje ariko ni uko uko iminsi ishira ariko mbona ko turushaho gusa n’abibagirwa by’ukuri icyo Kristo yadukoreye. Twibagirwa ko yaje mu isi ngo adukize ibyaha byacu byari byaradutandukanije n’Imana. Ntabwo yaje mu isi kuduha ubutunzi bwo mu isi dore ko wagirango nibwo butumwa busigayeho gusa! Ngo “Imana izaduha imigisha, ubutunzi”,… Nibyo koko turi mu isi kandi hari ibintu dukenera nk’amazu, amamodoka, amashuri, n’ibindi bijyanye n’ubuzima busanzwe. Ariko niba usenga Imana kubera ibyo warangije guta inzira kuko wagombye gusenga kubera ko Imana ntabwo ari banque/bank. Dusenge ngo twibuke ko Yesu yabambiwe ibyaha byacu. Ko yatewe amacumu ngo tubone ubugingo. Naho iby’ubutunzi bwo mu isi, umuntu abwirukaho akaruha, akamara ubuzima bwe bwose abugendaho ariko yajya kugenda agasubira mu nda y’isi uko yaje, yikoreye imirimo ye gusa. Yaba myiza cyangwa mibi!
Podcast: Download
Ino ndirimbo nayikundiye kubera amagambo yayo arimo : “Umutima wanjye wuzuye agahindan’umubabaro. Abba Data, nusanga bishoboka iki gikombe ucyindetse. Umutima wanjye niwo ukunze, ariko umubiri ufite intege nke”.
Bamufashe n’amahiri n’amacumu kandi nta cyo yari yakoze.
Like or Dislike:
3
0
abaririmbye iyi ndirimbo umwami wacu Yesu abmpere umugisha utagabanije pe.njye yanyubatse cyane.
Like or Dislike:
2
0
iyi ndirimbo nanjye iranejeje
cyane ko inyibutsa icumu yakubiswe mu rubavu, ikamba ry’amahwa mu mutwe we
ibikororwa yakubiswe
uburyo bwose yahemuwe
by conclusion, nanjye sinshobora kwambara ikamba ry’ibinezeza umubiri mu gihugu umwami wanjye Yesu yambikiwemo ikamba ry’ amahwa
icyo gihugu ni iyi si.
Like or Dislike:
0
0